1 févr. 2012

Bavandimwe !

Muri iyi minsi Inzira ya Newokatekumena imaze gushinga imizi mu Rwanda, abakirisitu benshi bakomeje kwibaza icyo aricyo. Uru rubuga ruzafasha benshi mu bibazo bakunze kwibaza, cyane cyane mu bitumvikana neza binakunze gutuma bamwe batangira kuyicira imanza; ariko kandi nanone ntiruzaba igisubizo gisesuye kuri bose.

Muzamenyeraho amavu n'amavuko ndetse n'ibihe by'ingenzi byayiranze, cg se biyiranga kugeza magingo aya.

Tugarutse hejuru gato,
impamvu atari igisubizo nyacyo ni uko mu by'ukuri ntawe ushobora gusobanukirwa inzira atayirimo cyangwa se atayigendamo. Ikindi mbabajije akabazo k'amatsiko nti inzira ijya i Burayi murayizi?